vistiors n'ibihugu

Friday 10 April 2015

Inkuru ndende:Urukundo nyarukundo



Inkuru ndende:Urukundo nyarukundo.

Igice cya 1










Iyi nkuru yanditswe hagendewe ku nkuru mpamo y’ibintu byabayeho. Nubwo muri iki gihe urukundo rwakonje mu bantu, muri iyi nkuru uzasangamo icyo urukundo nyarukundo ari cyo, uko wamenya kwihanganira ibigeragezo bikunda kuba mu rukundo ndetse no kumenya guhitamo neza umukunzi nyakuri.
Imiryango ya Cyuzuzo n’Igitego yari ituye ku Kamonyi i Gitarama. Yari imiryango yuzura ,isabana. Hagati y’iyo miryango harangwaga ubucuti budasanzwe. Cyuzuzo yarutagaho gato Igitego . Abo bana bombibbarakuranye ndetse biga no mukigo kimwebcy’amashuri abanza. Cyuzuzo yari ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza. Igitego we yigaga mu mwaka wa kane. Baribabana barangwa n’ikinyabupfura, kubaha n’ubwitonzi. Ibyo byose bari barabitojwe n’ababyeyi babo. Cyuzuzo yari umwana ushabutse , uzi gusetsa abo baganira. Bose bakabimukundira ,yaba ababyeyi be ndetse na bagenzi be bose.Yari n’umuhanga mu ishuri , by’akarusho mu mikino. Igitego webntago yari ashabutse cyane bikubitiyeho ko yari n’umukobwa.Yari umwana ucisha makebutavuga menshi. Ubucuti bw’iyo miryango bwarakomeje. Hashize igihe kitari gito umuryango wa Cyuzuzo waje kwimuka . Basezeye ku muryango w’Igitego . Babasezeranya ko bazajya babasura.Umuryango w’Igitego wasigaranye agahinda ko kubura incuti nk’izo. Migambi se wa Cyuzuzo wari umucungamari muri Minisiteri y’Imari yari yimuwe ngo ajye gukorera mu i Kigali. Umuryango wa Cyuzuzo wari wimukiye kubKacyiru mu i Kigali. Cyuzuzo wari urangije amashuri abanza yahise ajya mu mashuri yisumbuye. Byabanje kumutonda kubana n’abo batamenyeranye ariko buhoro buhoro byagiye bishira. Icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye yacyize neza ubuhanga bwe yarabugaragaje karahava. Kubera kumenya cyane umukino w’umupirawamaguru ,Cyuzuzo yahise amenyekana mu kigo cya Mutagatifu Yozefu ari naho yigaga.Ubwo Cyuzuzo yari amaze kuba umusore w’uburanga budasanzwe. Icyamutandukayaga n’abandi bahungu bose ni ubwitonzi bwe bityo abakobwa bo muribicyo kigo bakabimukundira. Umunsi umwe ikigo cyabo cyari cyarembereye ku Kiyaga cya Kivu. Abanyeshuri bose wabonaga bishimiye kubona ayo mazi magari. Dore ko benshi bwari ubwambere bari bahageze. Ab’inkwakuzi batangira kuhifotoreza amafoto y’urwibutso n’inshuti zabo. Abakobwa benshibbifuzaga kwifotozanya na Cyuzuzo ariko bakabura aho bamuhera.Umwe mu bakobwa biganaga na Cyuzuzo witwaga Uwera yajebgutinyuka amusaba ko bakwifotozanya, Cyuzuzo ntiyamwangira. Kuva ubwo bifotozanya, Uwera ntiyongeye gutuza.Yaribwiraga ati “ Kubona nifotozanya na Cyuzuzo , umusore uzwi ,ukundwa n’abakobwa benshi ntibisanzwe ahubwo sinkwiriye gucikwa n’aya mahirwe.Ngomba no kumusaba ubushuti. “ Muri we yumvaga ko uko kwifotozanya hari ikindi guhishe.Muri iyo minsi Uwera yatangiye kujya aganira kenshi na Cyuzuzo .Yagiraga ngo arebe ko bakwibera inshuti.Cyuzuzo we yabifataga nk’ibisanzwe. Umunsi umwe mu gihe cyo gutembera(Promenade) , Cyuzuzo ari kumwe na bagenzi be batembera baganira ku bintu bitandukanye, maze uwitwa Minani atangira kubaza bagenzi be inshuti zabo z’abakobwa. Cyuzuzo ahita yitanguranwa ati” Kuko ntabnshuti ngira , njye ntacyo ndibuvuge. “ Bose biyamirira icyarimwe bati “ Sigaho kutubeshya izuba riva ! “ Umwe muri bo ati “ Niba nta nshuti ugira, Uwera muba muganira iki igihe cyose ? “ Cyuzuzo no gutangara kwinshi abasubiza ko ari ibisanzwe. Ko we abifata nk’ubucuti busanzwe. Minani aramubwira ati “ Erega bose niko batangira bavuga, nonese ubwo bushuti busanzwe sibwo buvamo ubudasanzwe ? Niba utanabizi Uwera ndetse n’abandi bakobwaBbaragupfiriye “ Ntibyatinze Cyuzuzo atsinda ikizamini cy’icyiciro rusange . Yoherezwa kujya kwiga icyiciro gikurikiyeho mu rwunge rw’amashuri i Butare. N’ubwonta muntu n’umwe Cyuzuzo yari azi mu rwunge, gushabuka kwe kwatumye ahita amenyana n’abandi banyeshuri benshi b’aho mu .Kumenya gukina neza umupira w’amaguru byatumye ahita ajya mu ikipe nkuru y’ikigo. Ku cyumweru kimwe urwunge rw’amashuri rwa Butare rwagombaga gukina n’ikigo Cy’ishuri ryitiriwe umwami Kristu rya Nyanza .Ubwo Cyuzuzo na we yari mu bagombaga gukinira urwunge.Umupira watangiranye imbaraga nyinshi. Amakipe yose yari yiteguye bihagije. Abafana nabo bari babukereye.Umupira ugeze hagati umukinnyi w’i Nyanza atera umupira hanze y’ikibuga. Cyuzuzo niwe wagombaga kurengura umupira. Kuko umupira wari waguye kure y ‘ikibuga , umwe mu bakobwa bari baje kureba aho ikipe yabo y’urwunge ikina ajya kuwuzanira Cyuzuzo. Cyuzuzo akibona uwo mukobwa w’ubwiza buhebuje aratwarwa. Aho kurengura umupira ahugira mu gutekereza kuri uwo mukobwa amaze kubona. Kugeza ubwo mugenzi we yamusabye kurengura vuba kuko igice cya mbere cyari kigiye kurangira nta gitego baratsinda. Cyuzuzo yasubiye mu kibuga n’imbaraga zidasanzwe . Bidatinze yahise afungura amazamu atsinda igitego cya mbere cy’ikipe ye. Igice cya mbere kirangira gutyo. Mu gice cya kabiri afatanyije na bagenzi be babashije gutsinda ibindi bitego bibiri, ikipe y’iNyanza nayo yinjiza igitego kimwe. Umukino warangiye ari bitatu by’Urwunge rw’amashuri rwa Butare kuri kimwe cy’ikipe y’i Nyanza. Cyuzuzo siwe wabonye umupira urangira kuko yumvaga byibuze ashaka kumenya akazina k’uwo mukobwa wari wamutwaye umutima.Yabajije mugenzi we Kalisa bakinanaga akazina k’uwo mwari w’uburanga .Kalisa amubwira ko yitwa Umutesi Solange.Yongeraho ati “ Ku bwiza abamuhiga muri iki kigo ni bake “ Ibyo byatumye Cyuzuzo arushaho gutwarwa maze atangira gupanga uko yazavugana n’Umutesi akamumenyaho byinshi birenze. Umunsi umwe bari muri kantine , Cyuzuzo aturuka inyuma y’Umutesi aramwongorera ati “ Umute ! bampe iki se ?” Umutesi yahindukiye agira ngo arebe umuntu umuhamagaye uwo ariwe .Yatangajwe no gusanga ari Cyuzuzo . Icyamutangaje kurushaho ni uko yari amuzi izina. Baguze icyo kunywa baricara baraganira birambuye.Umutesi yabanje kubaza Cyuzuzo uko yamumenye. Cyuzuzo yisekera ati “ Umukobwa mwiza nkawe ni nde utamumenya ? “ Umutesi n’utumwenyu ati “ Ni uko wivugira naho ubundi …….. “ Cyuzuzo nawe akomeza agira ati “ Naho ubundi iki ko ahubwo warashe benshi !” Bakomeje ibiganiro binyuranye . Wabonaga Cyuzuzo yishimiye kuganira n’Umutesi. Ariko akabura aho ahera amubwira ko amukunda.Umunsi umwe mu rwunge habaye umunsi mukuru wo kwizihiza umunsi mukuru w’ikigo ,Cyuzuzo asaba Umutesi ko bajya ahiherereye akagira icyo amubwira. Bagiye ahatari urusaku rw’imiziki dore ko hari umuziki uyunguruye.Cyuzuzo araterura ati “ Umute ! Umunsi wa mbere nkubona nabaye nk’ubonekewe ndaswa n’ubwiza bwawe buhebuje,nzongwa n’ingendo yawe yihariye. Yungamo ati" Kuva urya munsi iyo nkubonye simpuga kukureba ,ndatuza nkakurangamira .Benshi barakureba bakanyurwa ariko kuri njye ni agahebuzo. Muri make rero Umutesi naragukunze ngukunda urukundo rutagereranywa nako umenya urwo nagukunze ntawundi narukunda .None nagirango menye niba urwo ngukunda turusangiye, unyugururire amarembo y’umutima wawe untuze muri icyo gituza gitatse ubwuzu ." Umutesi acecekamo akanya gato. …. Biracyaza Ntuzacikwe igice cya kabiri cy’iyi nkuru. Ese Umutesi yasubije iki Cyuzuzo? Yamwemereye urukundo cyangwa yaramuhakaniye? Amaherezo byaje kugenda gute? Inkuru ndende:Urukundo nyarukundo .




0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More