vistiors n'ibihugu

Sunday 26 April 2015

INKURU Y'URUKUNDO NDENDE IGICE CYA 9



Tugiye kubagezaho igice cya Cyenda cyiyi nkuru,
niba ari ubwa mbere ubonye iyi nkuru soma ibice
umunani bibanza umenye aho twatangiriye
Dore aho twagarukiye mu gice cya munani.
Ni njye warushinzwe gukoresha abakozi bashya
ibizamini no kubigisha gukoresha system, nyuma
mpura na wa mugabo wari kumwe na Isimbi mu
modoka wantutse ngo ndi imbobo, ninjye
wagombaga kumukoresha ikizamini……
Dukomeze nigice cya Cyenda.
Nyuma uwo mugabo naramubonye
mukubise amaso mpita nibuka neza neza
anyita imbobo, kandi ninjye wari

kumukoresha ikizamini, hapiganirwaga imyanya 5,
hadepoje abantu bagera kuri 200, ambonye
aranyegera arambaza ngo ariko ko mbona mfite
aho nkuzi??? Nadusubiza nti buri
umunsi uzarangiza gukora examen yakazi
nibwo uzamenya neza.
Ntibyatinze kuwa mbere bitabiriye ikizamini cya
pratique, ndetse nicyo kwandika, ikizamini natanze
cya pratique kwari ugukora programme cg
software, yohereza message ku bakiriya mu gihe
umukiriya ashyize muri telephone airtime iri hejuru
ya 500, message ikaza igira iti: mukiriya mwiza
uhawe inyongera ya 50 yo guhamagara
umurongo uwo ariwo wose, ikizamini cyarakozwe
ubwo twari gufatamo abantu 20 ba mbere ubundi
bagakora ikizamini cyanditse na interiviyu,
abo makumyabiri uwo musore yarimo, aza kuvamo
afite menshi muri 20 ba mbere, muri 20
hagombaga kuvamo batanu, instructions (cg
amabwiriza mu kizamini telephone zabagombaga
gufungwa). Umusore mu gihe namukoreshaga
interiviyu, naramubajije ngo: ese uramutse
uhuye numuntu ubabaye cg ucuruza nka
me2u, ukabona hari undi mukire uri
kumutuka amutukira akazi akora wowe wakora iki?
Ese ari wowe uri gucuruza iyo me2u
bakagutuka bagusebereza umwuga wawe
wabyitwaramo ute???
Umusore: yahise asubiza mu ijwi rituje ati: ni
ukuri iki kibazo ntabwo nagishobora, urangoye pe,
kandi utumye nsindwa, ni wowe ukizi.
Ariko impamvu uyu musore yanze kugisubiza nuko
yarazi ibyo yankoreye, yahise anyibuka kuko
nasaga nkaho mucyurira, ariko bitabujije ko iyo
agisubiza neza yari gutsinda, nuko uwo musore
ahita atsindwa, nyuma naje gusohoka ngeze hanze
nkomeza kwitegereza wa musore, mbona hari
umuntu uje kumureba ariko wambaye
fime wumukobwa, umusore yagendaga
afite agahinda kubwo ikizamini atsinzwe kandi yari
ageze final, ngiye kubona mbona uwo mukobwa ni
ISIMBI, ariko we ntiyamenye kuko nari
narahindutse, mbega nahise numva mbuze
amahoro pe, nibaza aho Isimbi yaba aziranye
nuwo muhungu ndaheba
Nyuma ngeze mu rugo Teta arampamagara kuri
fone:
Teta: alo, sha ni ukuri warakoze, sinari
nziko wanyishyura ariya mafaranga
ukanarenzaho andi,
Rwenya: sha ni ukuri burya ibi byose biri mubyo
nkesha wowe
Teta: sha ariko ndumva ntameze neza pe,
Rwenya: wabaye iki se kandi?
Teta: sha musaza wanjye ameze nabi pe, ari mu
bitaro, yavuye mu kizamini cyakazi,
maze agahungu kakimukoresheje gakora muri
MTN karamugora cyane aratsindwa kandi yari
ageze finale, ndagara ngo uze tujye kumureba.
Rwenya: ehhhhh, ehhhhhh, ndumva yarenganye
peeee, (ni ukuri ntababeshye numvise ntaho nahera
njya kureba umukobwa.)

Igice cya Cumi kirabageraho vuba.

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More