vistiors n'ibihugu

Sunday 26 April 2015

INKURU NDENDE Y'URUKUNDO IGICE CYA 8

Igice cya Munani kiraje Dore aho twagarukiye mu gice cya Kalindwi.
Namaze imyaka ibiri ndi umushomere, bigera aho
Isimbi arangiza, abona akazi keza ahembwaga nka
450.000, na murumuna we Teta arangiriza i
Mudende ahita abona akazi muri BK, mbese
njyewe narakubiswe byahatari pe, narebaga
ubuzima ndimo mpita mpanga umurimo, ariko
Teta yacishagamo akansunikira kuri tigo cash
10.000 cyangwa 5.000, ubundi nkaba ndwariza
aho.
Igice cya Munani.
Umunsi umwe turi ku meza mbwira papa na mama
ngo uwagira icyo
mbasaba mwakimfashamo?? Baremera pe, nta
kibazo, ndabamwira nti: mwamfashije muri
byinshi ariko mwihangane mumpe ibihunmbi ijana
ntangire Business, nta yandi nzabasaba, ndahita
njya no kuba muri gueto, papa aremera
arayampa ananyishyurira inzu amezi atatu ku
Kimicanga.
Ubwo nigiriye inama yo gutangira business, yo
kuba umu agent wa tigo na mtn, uwo najyaga
Nyabugogo hafi aho tigo ikorere ku Muhima mpura
numutubuzi, ibyo yankoreye Mana yanjye nahise
nanga isi nabayibamo pe, yantwaye amafaranga
yanjye yose kandi nta ngufu yashizemo,
maze mpamagara Teta mubwira
uko byangendekeye, ahita ambwira ngo
yagiye muri mission hanze, nimubwire
compte anyuzeho amafaranga, ariko nta
compte nagiraga pe, nahise njya gufunguza
muri COGEBANK kuko ariyo yari nyegeye,
ahita anyohererezaho 250.000frw, wow!!!
Ubundi Business ndayitangira, nkajya nkorana na
tigo na mtn, mbese tigo cash na mobile money,
nkatanga namakarita, nkajya nunguka ku munsi
2.500 nariye, nkomeza ndakora nshyira ingufu
nkagenda nzamuka buhoro buhoro, ubwo nari
nicaye ku iseta mbona imodoka nziza iparitse
kandi muraziko nkabana bagurisha amakarita
ya mtn, tigo, airtel, iyo imodoka iparitse
baza biruka, ngenda niruka ngo ntange ikarita
ya 5.000, mbona harimo umukobwa mwiza cyane,
arayigura, sinzi ukuntu twahuje amaso mbona
nIsimbi, turebana umwanya munini ntakuvugana,
nuko umugabo bari kumwe aramubwira ati: ese
iyi mbobo iyizi hehe?
Yarabakoreye mu rugo cg?? Bahita bagenda, sha
nasigaranye agahinda, mpita nataha njya kuryama,
nakomeje BUSINESS ngenda ntera imbere nshaka
abana bakajya bandanguriza amakarita,
bakanshururiza namagi mu muhanda, ku buryo
nungukaga nka 10.000 ku munsi kandi
nabahembye nanariye.
Ubwo umunsi umwe nerekeza ku kicaro cya MTN,
hari inama ya aba agents bayo, ngezeyo ndinjira,
ariko ku ruhande hari umukozi ari kuri telefone
ahamagara kuri Telephone avuga ko System
bakoresha ifite ikibazo yapfuye, ariko kuko nari
narize programming , njye narambizi cyane pe, mu
kajwi gatuje mbwira umukobwa nti : ese mwampa
amahirwe nkabafsha?
Umukobwa aransuzugura dore ko nari nambaye ni
jire ya mtn, arambwira ngo: AHUBWO MPA Me2U
nihamgarire umu programmer wacu, nyuma haje
umukuru wabo ndamwegera ndamubwira nti:
nubwo ubona nambaye ijire, nakoze training ku
bijyanye na programming, nanze kumubwira ko
narangije MKU, kuko uko nari meze ntiyari
kubyemera.
Nuko arambwirango reka nguhe ikizere
ariko nubyica byose urafungwa, ikibazo system
ya mtn yari fite, nimero zaherwaga na
89 guhamagara byari ubuntu , naho
kohereza message ari 5.000, mpita ndeba
akabazo mu minota itatu karakemuka, mbese
abantu baraho bose barumiwe peeee nanjye
nubwoba bwinshi kuko nari maze kuba umuturage
mu myambarire, niyambarira bodaboda, nareba
ukuntu abantu banshungera nkagira ubwoba pe.
Nyuma mba mbonye mo akazi keza cyane nkajya
mpembwa 650.000frw bakananyishurira inzu,
umushahara wanjye
wa mbere nahise nywuha Teta kuko yandwanyeho
pe, anguriza amafaranga, ubundi ukurikiyeho
nywuha papa na mama, ubundi ubuzima bugenda
neza.
Ninjye wari ushinzwe gukoresha abskozi bashya
ibizamini no kubigisha gukoresha system, nyuma
mpura na wa mugabo wari kumwe na Isimbi mu
modoka wantutse ngo ndi imbobo ninjye
wagombaga kumukoresha ikizamini………

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More