vistiors n'ibihugu

Friday 15 May 2015

INKURU NDENDE Y'URUKUNDO FINAL YAJE



http://www.luckyson.yolasite.com/inkuru.php
Igice cya 26 cya ya nkuru yUrukundo cyaje,
ntucikwe nicyo gice gisoza inkuru y'urukundo 
ndende urikumwe na Eugene ubifuriza urukundo ruzira uburyarya

Mama Rwenya: ahwiiii, ndumva unteye ubwoba,
Imana irebera imbwa ntihumbya.
Mama Teta: hahahaah, yahumbije igihe yambwa
ngo ni Rwenya ifungwa.
Wa musore witwa Willy Rwenya yari
yatumyeho ngo amuhe amafaranga ndetse
anamushakire ibimenyetso bya za shinjura
Rwenya, yahise ahamagara musaza wa Teta kuri

telephone.
Musaza wa Teta: allo? ninde tuvugana?
Willy: nitwa Willy nkaba narakoranaga na Rwenya ?
Musaza wa Teta: wakoranaga na yambwa ifunzwe?
Willy: aha, uramwita imbwa ariko mu gihe gito
urebye nabi ni wowe uzaba urimo.
Musaza wa Teta: sha wintera ubwoba
njyewe ntawunkanga, ngaho mbwira iki kugenza
petit?
Willy: umva Rwenya yatangiye iperereza ari muri
gereza, atangiye gushaka nimero namajwi
wavuganye nabantu igihe mumugambanira, byose
nabibonye, mu kanya ndabiha Leandre inshuti ye,
ubwo ntacyo wibwira?
Musaza wa Teta: ko numva bikaze, have
sha utantanga, ahubwo reka nguhe uduceri
duke, ubundi ubimpe, wowe uze guha
Leandre amajwi asanzwe apana ayo kugambana.
Willy: erega byose ni cash, urampa miliyoni imwe
nutayimpa ndagushyira hanze nawe ufungwe sha.
Musaza wa Teta: umva Willy basi
ndaguha ibihumbi 600 000 sibyo?
Willy: ok, ongeraho ijana ubundi nguhe ibyawe.
Musaza wa Teta: ok , ndaje ubwo reba akabari uba
urimo ubundi tubirangize.
Ako kanya Willy yahise ahamagara Leandre
ngo amuhe amajwi, ahita amuha aya pirate atarimo
ubugambanyi, nuko Leandre nawe agenda
yishimye bya hatari, asanga aho Isimbi amubwira
ko gahunda ziri hafi gukemuka, ko bategereje
umunsi wubujurire ko ugera. Willy ageze aho
agomba guhurira na musaza wa Teta.
Musaza wa Teta: bite Willy, wihuse, nizere
ko ibimenyetso byose wabizanye? Kandi nizere
ko nibyo mwari mufite muri computer zo ku
kazi kanyu byose mwabisibye?
Willy: yego byose nabisibye, uretse iyi cd mfite
nicyo kimenyetso nsigaranye gusa.
Musaza wa Teta: ok, ngaho yimpe numve
ko aribyo, mpite nguha cash.
Willy: oya banza unyishyure, sinakwemera.
Musaza wa Teta: ariko wagiye ureka ubuturage,
ngaho wowe fata iyi mp3 player, uyishiremo
uyicurange ninumva ivuga neza
ibyubugambanyi ndahita nkwishyura, ndabona
wanze kunyizera.
Willly aremera musaza wa Teta amuha mp3 player,
ubundi ashyiramo, amajwi aratangira aravuga yose,
nuko musaza wa Teta, yumva niwe neza, cd
itararangiza kuvuga, inyuma ya Willy haturuka
abasore babiri bamufata umunigo, bamukubita
amakofi,
imigeri, baraniga cd bayitwara atishyuwe.
Ubundi musaza wa teta agira ati: uyu muginga
ushaka gukinisha komando nkanjye afite ibibbazo.
CD bayiba Willy nta namafaranga
bamuhaye. Leandre yaje gusubira kuri gereza arik
umwe na Teta, abwira Rwenya ko ibimenyetso
bihari, ariko biterekana neza ko musaza wa
Teta ariwe wagambanye, ngo ariko yumva
bifitanye isano ariko bigoranye kubyumva, Rwenya
nawe ahita avuga ngo: nta kibazo reka
tuzapfe gutanga ibyo buriya ubutabera
buzashishoza
bwumve neza, ndabizi Willy buriya ntako atagize
ngo andwaneho.
Willy azanzamutse hashize nkamasha ane,
yari yaguye iguhumure kubera umunigo
bari bamuteye, atangira kwicuza, ukuntu
yagambaniye Rwenya, yakwibuka ukuntu namajwi
ariwe wayasibye, akumva agize agahinda, kandi nta
kindi kimenyetso yari afite cyatuma Rwenya
arenganurwa, bitangira kumuboyera , bigera naho
yicira urubanza mu mutima we, yakwibuka ukuntu
ari Rwenya wamuhesheje akazi, akaba ari
we umugambaniye akumva umusatsi umuvuye ku
mutwe.. Biracyaza
Ntuzacikwe nigice gisoza iyi nkuru kizasohoka
ejo.
Umunsi wurubanza (kujurira) warageze
Rwenya anjya kuburana, imiryango yose
yateranye, harimo musaza wa Teta nawe yari
yatumijwe ngo aze kugira icyo avuga, ndeste na
famiye ya Rwenya yari yaje ndetse ni ya
Teta, umucamanza akimara kwinjira
bose barahaguruka.
Umushinjacyaha: Rwenya uraregwa gukoresha
ibiyobyabwenge no kubicuruza, bihanwa ningingo
ya 594 yo mu gitabo
cyamategeko ahana yu Rwanda ivuga ko
ibiyobyabwenge nurusobe rwimiti
ikoreshwa nkabyo bitemewe namategeko.
Rwenya: rwose mukuru wurukiko nkuko nigeze
kubisobanura mbere, ni ukuri ndarengana.
Umushinjacyaha: ese hari ibindi bimenyetso ufite
bindi waba warabonye?
Rwenya: mubimenyetso twakusanyije byerekana ko
ndengana nuko musaza wa Teta ariwe
wangambaniye akazana ibiyobyabwenge, kandi
dufite amajwi bavuganye bangambanira.
Umushinjacyaha: mwazana ayo majwi tukayumva
ko ari byo?
Bahita bafata CD bayishira muri mp3 player ubundi
amajwi aratangira :
Musaza wa Teta: bite kamari we? Ngo harya
Rwenya ngo baramufunze ra?
Kamari: yego sha umukaritasi baramufunze, nyine
ubwo narye uburoko.
Musaza wa Teta: sha nafungwe yumve uko bimera,
ndibuka ukuntu yanyimye akazi.
Umushinjacyaha: wowe musaza wa Teta
igira imbere ugire icyo uvuga kuri aya majwi
Musaza wa Teta: perezida wurukiko njye ntabwo
nagambaniye uyu muramu wanjye ahubwo njye
impamvu nishimye ko yafunzwe ni uko yanyimye
akazi, kandi ndumva icyo ntacyaha kirimo.
Ako kanya urukiko rwahise rujya kwiherera, ubundi
Rwenya asigara yibaza ku majwi yumvisse niba
hari icyo byahindura, ariko
abona nta kizere afite. Mukanya gato
urukiko rwahise rugaruka ubundi batangaza
ibyavuye mu rubanza.
Umukuru wurukiko: biragaragara ko Rwenya nta
bimenyetso afite bihagije byatuma afungurwa
cyangwa agabanyirizwe ibihano. Musaza wa Teta
bigaragara ko ari umwere nta cyaha kimufata.
Rwenya yahise asubizwa mu buroko, ariko ubona
ababaye cyane, ndetse na Isimbi yarababaye,
mama wa Rwenya nawe ababaye,
naho Teta, musazaza we , mama we bo bari bafite
akanyamuneza kuko bari bamaze gutsinda
Rwenya.
Hashize igihe cyicyumweru leandre
akomeza gukora iperereza aza gusanga hari
ibandi rifunzwe, kandi rifitanye isano na musaza
wa teta, leandre akajya asura iryo bandi,
akajya arisaba ko ryazashinja musaza wa Teta
dore bimwe baganiraga:
Leandre: bite se, umva ninjye cya gihe
mwaje kwica nijoro, ariko ntibyakunda
Ibandi: nanjye se uje kunyica?
Leandre: oya njye nje kugusura kandi
ndabizi uzafungurwa, njye ntabwo
nakwihorera ahubwo nje kukwereka uko wava aha
hantu.
Ibandi: umva sha, ese wankura aha hantu
ute koko?
Leandre: wowe icyo usabwa ni ukuzaza ugashinja
musaza wa Teta, ubundi nawe ukagabanyirizwa
ibihano
Ibandi: nakwizera nte se?
Leandre: umva wowe bikore uzabona ingaruka
nziza.
Ako kanya baremeranyijwe ko azaza
gushinja musaza wa Teta dore ko ari cyo
kimenyetso kari gisigaye gusa, ariko mama wa
Teta bitewe ni uko yari umugome yaje kuroga
mama wa Rwenya aba umusazi akajya agenda
afite ibicupa byamazi mu muhanda,
agenda aririmba umuhanda wose, ariko nubwo
yari umusazi yazindukiraga kwa Isimbi
akajya yirirwa ateruye umwuzukuru we,
yarasaraga ariko ntabwo yarwanaga, uretse
kugenda yambaye nabi, ubundi bakajya
bamuha urwamenyo ngo yarasaze. Rwenya
byamugezeho muri gereza yumva akomeje
kubabazwa cyane, ariko akabura uko agira ariko
akagumana icyizere muri we ko
umunsi umwe azagaruka mu rugo rwe amahoro.
Rwenya yaje kongera kwaka ubujurire ku nshuro ya
kabiri kandi anariyo yanyuma, aza kwemererwa.
Umunsi wurubanza warageze, ari nawo wa nyuma
Rwenya yarajuriye, Rwenya yaje yambaye imyenda
yibara ryiroze, ku mutwe ntamusatsi uriho, ariko
ubona afite akanyamuneza, dore ko buri gihe
Leandre yamusuraga yamubwiraga ko ari
gukurikirana dosiye. Ako kanya umucamanza,
umushinjacyaha, umukuru wurukiko barinjiye,
ubundi imbaga yabantu bari baje kwitabira
urubanza barahagukuka.
Umushinjacyaha yahise aza asubiramo amagambo
yavuze mbere agira ati: Rwenya uraregwa
gukoresha ibiyobyabwenge no
kubicuruza, bihanwa ningingo ya 594 yo mugitabo
cyamategeko ahana yu Rwanda ivuga ko
ibiyobyabwenge nurusobe rwimiti
ikoreshwa nkabyo bitemewe namategeko. Rwenya
nawe uhawe umwanya ugire icyo uvuga.
Rwenya: bwana perezida wurukiko,
njye ndarengana sinakwemera ibyaha
ntakoze, ahubwo nazanye ibimenyetso byose
byerekana ko ndengana, hari umuntu uri
hano wafatanyije na musaza wa Teta gushaka
kwica Leandre kuko ariwe wakurikiranaga
ibirego byanjye, ikindi kandi afite amakuru
yukuntu binjije ibiyobyabwenge mu nzu yanjye.
Umukuru wurukiko: uwo muntu ufite ibimenyetso
yakwegera imbere akagira icyo abivugaho ?
Ibandi: bwa mukuru wurukiko, njye ndemeza neza
ko musaza wa Teta, niwe wagambaniye Rwenya
amugerekaho ibiyobyabwenge, ni nanjye wabyinjije
munzu ya Rwenya, ikindi kandi nitwe yatumye
kujya kwica Leandre nubwo umugambi wacu
utagezweho, yananyohereje kwica mugenzi
wacu wari ufungiye kuri burigade, ninayo
mpamvu nahise mfatwa, yari yatwemereye
miliyoni imwe nigice. Njye ndasaba imbabazi ku
byaha nakoze kuko yaranshutse.
Ako kanya aho musaza wa Teta yari na mama we,
na Teta barumiwe ubundi bashya ubwoba karahava
dore ko musaza wa Teta yari abonye umuntu
umushinja ibyaha byose yakoze.
Umukuru wurukiko: musaza wa Teta yakwegera
imbere akagira icyo yongeraho? Ibyaha uregwa
byose urabyemera? Cyangwa ntabyo wemera?
Musaza wa Teta: uhhh, ummm,
umukuru wurukiko, nako wakagari, ni ukuri
ndarengana nta muntu nishe ariko ndemera ko
navuganye niri bandi.
Umukuru wurukiko: ko numva udidimanga? Njye
ntabwo ndi umukuru wakagari.
Musaza wa Teta: nukuri ndarenga, nako ntabwo
nzongera mumbabarire.
Abari muri salle bose baraseka bitewe ni
uko babonaga umuntu wumusore arimo
gutitira avuga amagambo adasobanutse.
Umukuru wurukiko: tugendeye ku
bimenyetso byatanzwe numutangabuhamya
twumvise, musaza wa Teta arahamwa nicyaha cyo
kwica gihanwa nigifungo cya burundu
nkuko biteganwa ningingo 151 mu gika cya
kabiri cyigitabo cyamategeko ahana yu
Rwanda. Naho Rwenya ararengana agizwe
umwere agomba guhita arekurwa.
Ako kanya Rwenya ahita arekurwa musaza wa Teta
ahita yambikwa ipingu ajyanwa gufungwa burundu,
muri gereza, rRwenya ahita yishima cyane
arapfukama aravuga ati: Imanaburya ni igitangaza
ntabwo yarenganya umwere. Isimbi ahita aza
aramuhobera, Leandre nawe aramwegera
akanyamuneza kaba kose.
Teta na mama we bahita basohoka
numujinya mwinshi ariko ntibyagira icyo bitanga,
Rwenya yaje kugera iwe, asanga mama we
yarasaze (arwaye mu mutwe) ahita amujyana kwa
muganga, ubundi arakira amera neza, ubundi
umuryango uba mu mahoro, nyuma yigihe kinini
Rwenya yaje kwibaruka impanga umuhungu
numukobwa, Leandre nawe yaje gushaka ubundi
Rwenya aramwambarira, anamwitura inka nziza
yifirizoni. Na Teta nawe yaje gutwara inda
yindaro, ubundi we na mama we
batangira gusubiranamo, ubuzima Teta bumubera
bubi cyane kuko umusore wamuteye
inda yaramwihakanya, Teta yahise
afata umwanzuro wo kwibera umurokore,
amaze kuba umurokore ukomeye ajya
gusaba umuryango wa Rwenya imbabazi, bigera
naho mama wa aTeta atera intambwe aza
gusaba imbabazi, ubundi umuryango uriyubaka
ubana neza, na musza wa Teta aho yari muri
gereza, baramusuraga nubwo yariyarakatiwe
burundu. Umuryango uratunga uratunganirwa
usabana imbabazi ubundi ibyiza biwuzuramo.
Iyi nyandiko ya film yanditswe na
Eugène luckyson, agendeye ku bitekerezo
bye bwite, ndetse nubuzima bwa buri
munsi tubamo. Inama irimo, nuko ubuzima
ari nkinyanja itemba kandi kububamo
bisaba kwihangana, ukurinda guhemuka kuko
ibibi ntibijya biganza ibyiza.

Iyi nkuru uramutse warayikunze ukaba ushaka nizindi nkuru zanditswe na Eugene luckyson ushobora kumenyesha ukoresheje address zikurikira:
Email:eluckyson@gmail.com or tricksconnect@gmail.com Number:+250722227277 or +250788827277(Call,Whatsapp,Viber,)    
Website:www.tricksconnect.com or www.tricksconnected.blogspot.com , www.luckyson.yolasite.com
No Kuri you tube mpafite channel yitwa tricks connect ,page zacu ya Facebook za Facebook(luckyson and tricksconnect

Copyright@Eugene luckyson 2015

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More