vistiors n'ibihugu

Tuesday 14 April 2015

INKURU Y'URUKUNDO NDENDE IGICE CYA 3





Iki ni igice cya Gatatu cyiyi nkuru yurukundo,
niba ari ubwa mbere ubonye iyi nkuru soma izindi
ebyiri za mbere umenye aho twatangiriye.
Dore aho twagarukiye mu gice cya kabiri.
Umukobwa: ese wamaze gusoma umurongo
nakubwiye?
Rwenya: aha, umva wambabarira tukazavugana
ejo?? Ni ukuri numvaga umutima wanjye watangiye
guhinduka.
Umukobwa: umva sha wmabwiye wabaye iki??? Ni
ukuri fungura umutima umbwire byose.
Rwenya: bye bye , reka ndyame.
Umukobwa: umva nkubwire ese wowe……..

Kurikirana igice cya Gatatu.
Umukobwa: umva nkubwire waretse kunsinga njye
nyine tukaganira koko ko numva nshaka kuganira
nawe.
Rwenya: ndakwinginze ejo nzakuganiza trwose
mfite ibitotsi, ariko mubyukuri impamvu nanze
kumuganiza ntabwo byari ibitotsi, ahubwo
numvaga ntaramenya ico 1yohana 4:8 handitse
ntacyo twaganira.
Umukobwa: ok , ntakibazo, urote uwo ukunda.
Rwenya: bye.
Bukeye mu gitondo nabyutse nshaka Bibiliya
yikinyarwanda mpita nsoma muri 1yohana 4:8
nsanga haranditse ngo: udakunda ntazi Imana
kuko Imana ari urukundo. Numvise mpindutse
cyane mu mutima, ntangira kwibaza ese koko nta
rukundo ngira? Nahise njya ku ishuri ariko ntaha
kare, mbeshya ko ndwaye ubundi mpita
muhamagara kuri telefone ngiye kumva numva
nitabwe na Isimbi mukuru we kandi ariwe
dukundana.
Isimbi: nyiri telephone ari mubitaro gerageza uze
umusure, ndabona kuri nimero ye hananditseko uri
chery we.
Rwenya: mu kijwi kinini mfashe ku mazuru nti:
sawa murakoze, ariko Isimbi ntimenye ko ari njye
icyakora iyo nimero iba itanditsemo izina yari
guhita amenya ko ari njyewe kuko nimero yanjye
ayizi mu mutwe, nahise numva umutima
umvuyemo. Nyuma yiminotaa 30. Telephone
prupruprupru..
Rwenya: alo alo alo,
Isimbi: alo cheri, ndagukumbuye cyaneeeee
Rwenya: nanjye bebe,
Isimbi: umva murumuna wanjye ari mu bitaro
kandi nshaka ko uza tukajyana kumureba ameze
nabi, turebye nabi yapfa.
Rwenya: umva bebe, ubu uncle yapfushije umwana
kandi bitunguranye urumva sinaboneka pe.
Isimbi: umva ndaje tubanze tujye kwa uncle wawe,
dushyingure ubundi tujye gusura murumuna
wanjye Teta.
Rwenya: oyaaa, oooya pe, ntabwo byakunda, mu
byukuri naramubeshyaga, kuko yari kuvumbura
umubano wanjye na Teta.
Isimbi: kuki bitakunda se?
Rwenya: uncle wanjye aba South Africa.
Isimbi: yooooo, nta kibazo turajyana papa ntabwo
yanyima ticket, urumva turamarayo umunsi umwe
ubundi tugaruke.
Rwenya: maze ubu tuvugana ndi ku kibuga
kindege, mbega ukuntu nabeshyaga numva meze
nkuwafunguye amarembo yikuzimu.
Isimbi: sawa cheri, ubwo ugire vuba, muah muah,
ndagukunda cyaneeeeeeeeeee
Rwenya: me too (ako kanya nahise nshyira code
muri Telephone, ya yindi bakubwira ko ari
compose ubundi ukabona uwagushakaga, ubundi
mfata urugendo njya kwa nyogokuru warutuye
Iburengerazuba mu karere ka Rubavu) ngezeyo
nyogokuru aranyishimira cyane pe, ko naje
kumusura, kumbi naje mpunze.
Ubwo sinajyaga kwiga kandi twari tugeze mu gihe
kibizamini. Murugo ntibari bakizi amakuru yanye
kandi na nyogokuru nta telefone yari afite ngo
baramuhamagara, mbese nabonye message 78
zerekana ko Isimbi yampamagaye, na message za
papa 99, na mama 56, na sister 23.
Ubwo nanjye aho nari ndi ntangira kubura amahoro
mbura uko mbigenza, pe mpita mfata taxi njya
muga centre kari hafi aho mfata tuvugane
mpamagara.

Igice cya Kane kirabageraho vuba

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More