vistiors n'ibihugu

Wednesday 15 April 2015

INKURU Y,URUKUNDO NDENDE IGICE CYA 7



Iki ni igice cya Kalindwi cyInkuru yUrukundo (true
story), niba ari ubwa mbere ubonye iyi nkuru soma
ibice 6 bibanza, umenye aho twatangiriye.
Isimbi: ehhhh, ndarota cg ndi kwerekwa???????
Nkibona message nahise mva online,
ubundi numva nkubiswe ninkuba peeee.
Nahise niha akanyabugabo mpita nkura code muri
telefone ngo muhamagare, ikimara
kuvamo ahubwo niwe wampamagaye mbere,
Rwenya: alo, alo
Isimbi: oyaaaa, kuki wambeshyeeee???? Ese koko
wari waragiye muri South Africa??? Urazi ko
iwanyu bahangayitse igihe kinini??? Najye

nkahangayika bikagera naho nshaka kuba
umusazi??
Rwenya: umva mukunzi wanjye, ni inkuru ndende
keretse turi kumwe ubundi nkakubwira uko bimeze
Isimbi: oya oya, narakwanze peee,
sinkishaka gukundana nawe, telefone ihita ivaho.
Ubwo ejo Isimbi ahita ajya kwiga
vacance zirangiye kuko yigaga i Butare muri
kaminuza nkuru yu Rwanda, guhera uwo munsi
nta bip, nta call, ye no kuri facebook ya postingaga
inkuru zagahinda gusa, hari nkaho yanditse ngo:
ese
koko urukundo rubaho cg iyi si dutuyeho yuzuye
ubugambanyi no kubabaza???
Ariko nakomeje gusoma comment kuri post
ye, mbona Teta yamusubije ati: urukundo rubaho
iyo ufite umutima wihagana kandi ukizera
Imana. Oya oya, twebwe jya utureka twahuye
nabahungu batagira urukundo umva mukuru
wanjye, nta muhungu utagira urukundo ahubwo mu
rukundo ninko kurwana intambara yahuje Koleya
yAmajyepfo niyAmajyaruguru mu 1950. Ubwose
ushatse kuvuga iki??? Sha Isimbi weee tujye inbox
nkubwire batadusomera amabanga.
Nahise nkubitwa ninkuba pe, ntangira gukeka keka
ibyo bavuganye, ubundi biranshanga peeeee,naje
kuvugana na Teta kuri telefone maze nawe
biramutungura cyane kuba nkiri muzima pe, nyuma
Teta akajya ansura cyane, tugatemberana ariko
Isimbi we ntiyanyitabaga kuri fone narimwe pe,
umunsi umwe ndikumwe na Teta ndamubaza nti:
ariko nabonye post ya Isimbi, ukomantaho nyuma
mujya inbox, ese ni ibiki mwaganiraga???
Teta: umva ni ukuri burya intambara yahuje abanya
Koleya bAmajyepfo nAmajyaruguru mu 1950,
bose bavugaga ururimi rumwe, baricana, hagwamo
abantu benshi cyane, nyine urumva, nako sinzi.
Rwenya: oya mbwira ntukanjye uzimiza peee.
Teta: umva nkubwire njye ndi umunyakoreya wa
majyaruguru Isimbi akaba uwamajyepfo, kandi
koko aniga mu majyepfo, umva Rwenya we, ni
ukuri ndagukunda, kandi sinaguhomba,
kabone nubwo wabana na Isimbi.
Yayayaayayya, ni ukuri numvise bitumvikana peee,
njye namufataga nkinshuti ya hafi ariko mu
rukundo wapi pe, nyuma ndamubwirango njye
nkunda umuntu umwe witwa Isimbi, nubwo we
atakinyitayeho.
Teta ahita ahamagara isimbi kuri fone,
Isimbi: alllo
Teta: bite ? reka nguhe umuntu muvugane
Rwenya: alllo? (ni ukuri sinarinzi umuntu
turi kuvugana , numva ni Isimbi, nawe acyumva
ko ari njyewe ahita akupa,) mbese guhera
uwo munsi numvise ibyurukundo
mbivuyemo kuko nta mahoro narindimo namasa
pe. Nibwo nsubiye ku ishuri aho nigaga
Mount Kenya University nsanga baransibije,
kandi nari nsigaje trimesrte imwe ngo
ndangize, ndihangana ndiga neza cyane, nigaga
BBICT (Bachelor of Business and Information
Communication Technology), ubundi
kubwamahirwe nsoza amashuri yanjye yose,
ubundi ubushomeri burankubita peee, ndateseka
sana, aho ndepoje hose ngategereza ko
bampamagara ngaheba, burya iyo urangije wibwira
ko wahita ubona akazi.
Ibaze nageze naho njya mpura nabasore twiganye
bari bafite akazi keza, nkabasaba 500frw yo
kurya muri restaurant.
Namaze imyaka ibiri ndi umushomere, bigera aho
isimbi arangiza, abona akazi keza yahembwaga
nka 450.000, na murumuna we Teta arangiriza i
Mudende ahita abona akazi muri BK, mbese
njyewe narakubiswe byahatari pe, narebaga
ubuzima ndimo mpita nihangira umurimo, ariko
Teta yacishagamo akansunikira kuri tigo cash
10.000 gyangwa 5.000, ubundi nkaba ndwariza
aho.

Igice cya Munani kiraje vuba aha.

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More