vistiors n'ibihugu

Tuesday 19 May 2015

Ibintu 4 utari uzi ushobora kuba ukora bikaba aribyo bituma udatera imbere

Ubundi mu buzima bwa muntu ahora yumva ashaka kuba yatera imbere,akisumburaho mu rwego yarariho akazamuka mu yindi ntera,ariko nubwo biba gutyo hari bamwe bidakundira kandi babishaka cyane,ariko ntibamenye ko hari igihe yaba aribo babigiramo uruhare. Ni ku bwiyo mpamvu twahisemo gusangiza abasomyi b’iyi website www.tricksconnected.blogspot.com

 ibi bintu 4 bikurikira waba ukora bikaba aribyo bituma udatera imbere.
1. Kumva ko udashoboye
Imvugo yadutse ya “Ndi uwuhe se”? Ni imvugo ishushanya neza iyi mitekerereze idindiza abantu. Guhora wivugaho ibibi, ugahora uvuga intege nke zawe ndetse ukumva ko udashobora kwirirwa unagerageza ikintu runaka birakudindiza. Bamwe banga gutegereza ibyiza kugira ngo nibibura batazababara ariko burya rero iyo udatekereje ibyiza ngo ubiharanire ntutera imbere nyine.

Hari umuhanga wavuze ati “Jya witondera ibitekerezo byawe kuko bihinduka amagambo uvuga, jya witondera amagambo uvuga kuko ahinduka ibikorwa ukora. Jya witondera ibikorwa ukora kuko bihinduka akamenyero/kamere, maze akamenyero/kamere kagahinduka ahazaza hawe.
2. Kudaharanira kugera ku rundi rwego
Kunyurwa ni byiza ariko guharanira kuva ku rwego uriho ukagera kurwisumbuyeho nabyo ni inyamibwa.
2. Kwicuza
Niba hari amakosa wakoze kera cyangwa hari amahirwe yagucitse kwicuza birakuzirika ukaguma mu byashize aho kugirango utegure ibiri imbere. Hari n’ubwo biguca intege ugatinya kugira Ikindi ugerageza.
4. Ubwoba
Burya ibintu bishya bitera ubwoba. Kuva mubyo warusanzwe umenyereye ngo utangire ikintu gishya bitera ubwoba kuko uba wibaza uti ese bitampiriye? Ariko se kuki utibaza ngo “Ese bimpiriye”.
 by tricksconnect email: tricksconnect@gmail.com

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More