vistiors n'ibihugu

Friday 15 May 2015

INKURU NDENDE Y'URUKUNDO IGICE CYA 19

Dutangiye Serie ya Kabiri yInkuru yurukundo
(True Story). Muri Serie ya mbere twayisoje
Rwenya amaze gufungwa. Reka ntangie Serie ya
kabiri. ntucikwe.
Rwenya akigera muri gereza, yatangiye ubuzima
ariko bugoranye cyane , burya utaragera muri
gereza, ntiyapfa kubimenya, ariko nahandi hanu
hatandukanye, bamwe badatinya kuhita muyindi si,
Rwenya aho ari yabaga afite ikizere ko wenda
umunsi umwe , Imana yazumva gusenga kwe,
kandi ikamurenganura kuko yararengana ga cyane,
Isimbi umugabo Rwenya nawe yamubaga
hafi nubwo rwose yarakomerewe cyane,

yajyaga ku kazi numwana kuko yahise
azinukwa gushaka umukozi, akekako
yazamuhekura, nubwo yahoranaga agahinda ariko
nawe yahoranaga icyizere ko umugabo
we, azafungurwa.
Umunsi wo gusura warageze, dore ko
basuraga kuwa gatanu, Isimbi ajya gusura Rwenya
muri gereza, amugurira inanasi, avoka, ndetse na
ka jus , Rwenya yarabikundaga, ariko mbere yoko
ajya gusura umugabo we Rwenya, inshuti ya
Rwenya yitwa Leandre yahise iza kumureba
iramubwira ati: umva Isimbi mureke wijya
kumusura uyu munsi kuko ntamwanya baguha
uhagije ngo muze kuvugana, ahubwo reka
ngufashe gushaka ikibari, ujye umusura kuwa
gatandatu, ubundi muzaganire neza anaterure
umwana we, amwishimire.
Isimbi yahise yemera afata umwanzuro wo
kuzamusura kuwa gatandatu. Rwenya nawe aho
yari yategereje umugore we Isimbi ko aza
kumusura araheba, abandi bakajya babahamagara
kuri micro basuwe, ariko rwenya agaheba, Rwenya
atangira kwiheba cyane, yumva ko nta buzima
bwejo hazaza agifite, atangira kumva ko Isimbi
nawe yamaze kumwanga, ariko mu byukuri Isimbi
ntabwo yari yaramwanze, ahubwo nuko Leandre
yamugiriye inama yo kwaka ikibari akazajya
amusura kuwa gatandatu, bakazajya bamuha
umwanya uhagije wo kuganira nawe.
Hashize icyumweru Isimbi yaje kwikubita hasi ari
kukazi, kuko yari afite umunaniro, yazaga ku kazi
afite umwana, kuko nta muntu numwe yari agifitiye
ikizere, akimara kwikubita hasi
yahise ajyanywa mu bitaro, ariko ntamurwaza yari
afite, Leandre inshuti ya Rwenya yaje kubimenya
ihita ifata moto byihuse yerekeza ku bitaro CHUK,
agezeyo asanga umuntu
ntakuvuga ameze nabi cyane, umuganga ateruye
umwana wa Isimbi,
Leandre: Isimbi isimbi, byuka naje naje (umuntu
ntabwo yakomaga )
Muganga: umva waba isohotse gato, ko
turaza kuguhamagara?
Leandre: oya oya, ntaho njya umugore wa mushuti
wanjye ataza kwitaba Imana.
Muganga: humura ntacyo aba
numunaniro mwinshi afite ariko, ndakwinginze
sohoka ube uri hanze.
Leandre: muganga reka nsohoke ariko nizere ko
umuvura neza agakira.
Hashize iminota makumyabiri;
Muganga : ngaho injira wa mugabo we
Leandre: ahwiii, muganga urakoze kumukiza pe,
Isimbi umeze neza?
Isimbi: Sha Leandre meze neza, ariko ubwo nari
ndyamye nari mu nzozi, mbi cyane urazi ko narose
Rwenya aho ari muri gereza bari kumwica kandi ari
kwicwa na papa, ariko nkibaza papa yahageze ate?
Ariko Mana we, izi nzozi zinteye ubwoba,
ntucikwe uracyarikumwe na Eugene luckyson 
waranyuzwe niyinkuru ukaba wifuza gutanga inkunga yawe 
kuri tigo cash +250722227277 or mobile money 
+250788827277 abohanze ni paypal account eluckyson@gmail.com

Igice cya 20 kizaza ejo ntuzacikwe.

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More