vistiors n'ibihugu

Friday 15 May 2015

INKURU Y'URUKUNDENDE IGICE CYA 20

https://www.google.rw/?gws_rd=cr,ssl&ei=Ox5WVaHdMc-R7Aa34IDYCQ#q=http:%2F%2Ftricksconnected.blogspot.com
Duherukana mu gice cya 19 dore icya 20 kiraje
ntucikwe.
Leandre: humura Isimbi ntacyo azaba
kandi azafungurwa mwongere mubane mu
mahoro, ndizera ko Imana byose irabizi,
Rwenya ni umugabo wakoreshaga ukuri.
Muganga: reka mbareke mwisohokere, ariko
Leandre komeza urebe umurwayi neza
ntagire ikibazo, kandi akigize wahita unsanga muri
uyu muryango ukurikira ukambwira
nkamufasha. Kandi umenye ko agomba kumara
icyumweru cyose mu bitaro tumwitaho kugira ngo

agarure ingufu.
Isimbi: oya muganga, ndashaka gutaha, nzajya
gusura umugabo wanjye muri gereza atagira ngo
naramwanze, ahubwo ndatashye..
Muganga: ariko nta matwi ugira wa mugore
we? Hano ntabwo dusezerera umuntu
atarakira, kandi ubyumve niko bimeze.
Leandre: umva Isimbi tuza ni ukuri humura urakira,
kandi nanjye ndemeranya na muganga, uzava aha
ukize,
Isimbi: ariko Mana yanjye, ndumva nkumbuye
Rwenya umugabo wanjye, ndumva nubwo napfa
turi kumwe ijuru naribona, (abivuga ararira cyane).
Ako kanya isimbi ari kurira nakana ke
kari karyamye iruhande rwe nako kararira,
Isimbi abonye karize ahita yihanagura
amarira, aragaterura, arakabwira ati: mwana
wanjye ndarira nawe ukarira, kandi simbizi neza
niba na papa wawe aho ari ari kurira, ubu
koko tubaye abande, Mana ya Abrahamu na
Isaac, ubu koko ntabwo ubona agahinda turimo?
Leandre: nanjye mugiye kuntera amarira, ubu koko
ni ute umuntu afungwa azira ubusa, akabeshyerwa,
akarengana, agasiga umuryango we ubabaye, ufite
intimba, kandi nawe ayifiye, abamugambaniye
bidegembya? Umva isimbi njye ndambiwe
akarenga pe, ariko icyo nkwijeje, numara gukira
neza, ndabizi ntakongera kurya, ubu uyu
niwo mwanya, urwane urugamba Rwenya
aba arwana iyo aba akiri muzima.
Isimbi: ariko kubona imiryango yacu yaratwanze,
mama papa, murumuna wanjye, musaza wanjye,
ndetse niwabo wa Rwenya baratwanze, wumva
narwana urugamba nkarunesha koko? Njye
ndumva ntangiye guciika intege, ngiye gusaba
imbabazi umuryango wanjye ubundi mbeho
neza, ntamuruho mfite, uzi kurwara gutya
ukabura umuvandimwe ukuba hafi?
Leandre: oya , oya , shikama nkumugabo urwane
urugamba, kandi umenye ko nta rugamba rubura
kajoriti, njye niteguye kugufasha urugamba, kandi
Imana izabimfashamo, ubu akazi nakoraga
mbaye ngahagaritse, ubundi ntangire intamba
ikaze kandi irimo ubwenge, umva Isimbi
iyi ntambara ngiye gutangira
ndayigereranya nintambara yitwa Russia Civil war
yabaye 1917-1922, kandi ndizera ko nzayitsinda.
Wowe ntucike intenge, nta mpamvu yo
gusanga umwanzi ngumusabe imbabazi
ahubwo umwanzi agomba kugusanga agapfukama
imbere yawe, bitaba ugakomeza
ukarwana intambara, icyo nzicyo urwanira
ukuri ntiyatsindwa, nubwo wapfa
utarasoza urugamba, ufite umwana muto,
nakura azarurwana.
Isimbi: ni ukuru undemye agatima, nanjye
niwo mwanya wo kwiyibagiza ko ndi
umugore nkiyambika ipantaro mu bwonko ubundi
nkafata icumu, umwanzi agakwira imishwaro,
ndahiriye imbere yawe Leandre,
sinzasubira inyuma, aho gusubira inyuma
umwanzi azanyice mureba? wumvise icyo
nshatse kuvuga?
Leandre: oya nsobanurira neza.
Isimbi: burya iyo umwanzi akwishe
umureba bishatse kuvuga ko yakwishe
ugihangana, naho iyo umwazni akurashe mu
mugongo, bigaragara ko upfuye uhunga, njye
naje kurwana intambara ikaze.
Leandre: ok, ndumva wazanye
ibitekerezo byabagabo, ubwo rero ruhuka, ukire
neza, umunaniro ushire, ubundi gahunda
tuzazikore neza warakize, ngaho ryama, njye
ndaryama
hasi, kugira ngo umwana nakanguka
cyangwa akeneye guhindurirwa imyenda, nze
kubikora.
Isimbi: ariko Leandre ko mbona witanga
cyane kuki unkorera ibi byose koko?
Leandre: umva Rwenya twabanye neza kuva kera,
ndibuka ubwo twarangizaga tron-commun
tugatsindira kujya kwiga mu iseminara,
yarambwiye ngo: sha burya kuba umugabo
biraharanirwa, impamvu twatsinze ni uko twigaga,
tukarara amajoro baduseka none twatsinze, ariko
Leandre ninshaka umugore nzamukunda
tubane ubuzima bwanjye, kandi nzaba umugabo
udatezuka ku ntego, kandi nawe uzambere imfurra,
nimfa underere, aho ntari uhambere,
nanjye nzabikora nizere ko ubyumvise
neza. Urumva Isimbi iyo nibutse aya magambo
mpita mubona mu ifoto neza neza, amarira
agahita azenga mu maso niyo mpamvu ibi
byose mbikora, kandi nizeye ko hari undi
munsi tuzicarana ku ntebe turi bane, ndavuga
Rwenya , wowe, aka bebe kawe nanjye,
IMANA ibidufashemo. AMEN
Isimbi: urakoze cyane, uramuke reka
ndyame, ndumva umutwe utangiye kundya..

Igice cya 21 kigeze hafi ntuzacikanwe.

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More