Igice cya 21 cyasohotse. Ntucikwe.
Isimbi: urakoze cyane, uramuke
reka
ndyame, ndumva umutwe utangiye
kundya.
Isimbi yamaze icyumweru mubitaro ,
aho Rwenya
ari nta muntu yaherukaga umusura
na rimwe,
nibwo yahise yumva ko byanze
bikunze Isimbi yamwanze dore ko
Rwenya yiyumviraga mu mutima: “ariko se koko
Isimbi yaranyanze? kuko hashira
igihe ingana
gutya atansura kandi mbere
yaransuraga?
Ariko ndabizi azaza ye! Cyangwa
baramwishe,
ese umwana wanjye we aracyariho?
Ayiwe, ndumva
mfite ubwoba, ariko se Leandre
twabanye kuva
kera akamfasha mu bukwe we kuki
atansura ? sha
abisi ni babi pe, mbega kuryana k’uburoko. Ubwo
amakuru yageze kuri Teta ko Isimbi
yararwariye
CHUK, kandi ko arwajwe na
Leandre, ubwo Isimbi yavuye mu
bitaro kuwa kane
w’undi bapanga kuzajya gusura Rwenya kuwa
gatandatu hamwe na Leandre,
Teta akibimenya yahise ajya gusura
Rwenya muri
gereza, Rwenya aho ari muri gereza
yumva
baramuhamagaye arishima dore ko
yari amaze igihe kinini nta muntu
umusura yumvaga ko asuwe na
Isimbi, agisohoka
ahita abona ni Teta.
Rwenya: bite Teta, ndabona
warabyibushye si nka
mbere.
Teta: ego, narabyibushye, nawe
ndabona warananutse cyane.
Rwenya: aha hantu twibera nta
byishimo bihaba,
kandi ndumva kubyibuha bitaza
ufite agahinda
n’ishavu.
Teta: birumvikana pe,
Rwenya: ariko wambwira ni iki
kikuzanye
aha koko? Utekereje ute kunsura?
Amakuru ya
Isimbi umugore wanjye? Ayo umwana
wanjye?
Teta: ariko wa mugabo we, aho
wambajije ayanjye
uje kugusura urambaza ayo ishyano
ryananiranye ?
Rwenya: ariko Teta nanubu
nturahinduka koko?
Teta: umva nkubwire , umugore wawe
Isimbi ubu
yabaye indaya ya Leandre birirwa
bagendana
bashoreranye Leandre ateruye
umwana wawe, mbese wagirango
Leandre niwe
wamubyaye, nawe uho uri
uragaramye, ngo mfite
umugore. Nari nje kuguha ayo
makuru.
Rwenya: ayiweee data weee, ubuse
koko Leandre
yansha inyuma? Ntabwo aribyo
urambeshya
sinabyemera na rimwe pe, kandi
ubyumve Isimbi nawe ntiyabikora.
Ubundi
se nabyemezwa ni iki?
Teta: dore icyabikwemeza, ejo kuwa
gatandatu bazaza kukureba bari
kumwe,
nicyo kimenyetso cyonyine.
Ako kanya iminota babahaye ihita
ishira Rwenya
asubira muri gereza yabaye nabi
cyane mu
mutima, naho Teta ari gusekera mu
mutima kuko
yari avuye kurusenya. Ntibyatinze
kuwa gatandatu
biragera, Isimbi na Leandre baza
gusura Rwenya ,
Leandre
yari ateruye umwana wa Isimbi ari
nawe wa
Rwenya, bakigera kuri gereza
basaba kubonana na
Rwenya, kubera bari bafite ikibari,
bagombaga
kubonana nawe iminota ihagije ku
buryo baganira
urukumbuzi rugashira. Rwenya
yasohotse muri
gereza akubise amaso ukuntu
Leandre ateruye
umwana we, ahita yibuka amagambo
Teta
yamubwiye ngo: “ejo kuwa gatandatu bazaza
kukureba bari kumwe, nicyo
kimenyetso
cyonyine”. Isimbi agikubita amaso Rwenya
yaje
yiruka ngo amuhobere, ari hafi
kumugeraho
Rwenya ahita yegera hirya igira
ati: “mva
imbere wa shyano weeeeee…..”
Igice cya 22 kiri hafi ntuzacikwe.
0 comments:
Post a Comment