vistiors n'ibihugu

Friday 15 May 2015

INKURU NDENDE Y'URUKUNDO IGICE CYA 23



 Igice cya 23 cya ya nkuru tumaze iminsi
tubagezaho cyaje.
Teta: nanjye hari amagambo yambwiye agira ati:
umva nkubwire, urugamba ndimo ndatangiza,
ruzasiga kajorite nyinshi cyane, kandi kajorite
izakomereka gake, nizaba iri kugendera mu kagare.
Ndi kwibuka nkumva ngize ubwoba pe.
Musaza wa Teta: urumva ko yamaze kutubikamo
ubwoba, nta mpamvu yo gucika intege ubu
umupangu wanjye nuko ka
Leandre nkoherereza abantu bo kuza kugatwara
iwe, bigize police, ndabizi ntiyabasuzugara, baraza
bambaye imyenda ya police ubundi bamujyane

kumwica, ubundi umurambo tuwujugunye
Nyabarongo.
Teta: musaza wanjye, nakoze amahano menshi,
ariko ayo kwica ajemo numva mpise ngira ubwoba
bwinshi cyane, mbuze icyo
nkora ndumva mfite ubwoba.
Musaza wa teta: oya , nta bwoba namaze gufata
icyemezo ahubwo ejo ni njoro uzumva imbwa
yarangiyje gupfa.
Teta: aha, birabe ibyuya ntibibe amaraso. Ako
kanya musaza wa Teta ntiyaryamye yahise atangira
gupanga ukuntu Leandre yapfa kuko yibwiraga ko
Leandre napfa gahunda zizakemuka neza, dore ko
na Leandre yari yatangije intambara yuko
yarengera Rwenya akarenganurwa. Musaza wa Teta
yabonanye nabantu bagomba kwica Leandre
avugana nabo ko abaha miriyoni imwe ya avance
andi ibihumbi magana atanu akazayabaha ari
uko yiboneye umurambo we.
Musaza wa Teta: murangize gahunda, njye nshaka
umutwe wiriya mbwa, ndambiwe agasuzuguro,
mugire vuba kandi nimumara kumwica munzanire
umutwe we, murebe ko ariwe.
Abicanyi: keretse icyo utavuga boss,
Musaza wa Teta: sawa ngaho
nimugende ndategereje.
Mwiryo joro babicanyi, bateye kwa
Leandre, barahagera neza, bari biyambitse
gipolice, bameze nkabo neza, ku buryo ntaho
wabakekera, bafite namakarita yafeke, bagera kwa
Leandre barakomanga arabafungurira, abicaza muri
salon :
Leandre: muraho neza? ese ni iki
kibagenza ninjoro ?
Abacanyi: Twebwe turi police, tuje kukujyana hari
ibyaha ucyekwaho, uze kwisobanura kuri satation
ya police.
Leandre: mwanyereka ibyangombwa byanyu?
Umwicanyi umwe ahita amwereka ikarita ya
gipolice, Leandre ayibonye abona niyo koko, dore
amagambo Leandre yahise ababwira: A persons
home is inviolable. No search of or entry into a
home may be carried out without the consent of
the owner, except in circumstances and in
accordance with procedures determined by law .
Umwicanyi: ubwo sha ushatse kuvuga iki? Ariko
urazi ko ari police ije kukureba? Wowe haguruka
tugende, kandi ntamananiza.
Leandre arongera arababwira ati:
wasanga mutumva icyongereza reka mbabwire mu
gifaransa, wenda mwakumva neza, Leandre
agira ati: Le domicile dune personne
est inviolable. A défaut de son consentement, nulle
perquisition ou visite domiciliaire ne
peut être ordonnée que dans les cas et selon les
formes prévus par la loi.
Umwicanyi : ariko iyi embesire urabona ukuntu
isuzugura aba police? Umva nkubwire wa musore
ubu ni ubwa nyuma tukubwiye ngo uhaguruke indi
nshuro turagutwara kungufu.
Leandre: munyumve neza ntabwo mbasuzuguye
ahubwo nuko nziko police zo mu Rwanda
zubahiriza amategeko, njye ndi umuntu wize kandi
ukurikiza amategeko, nkuko njya kuri toilette nka
njyana amazi cyangwa nkanjyana igipapuro, ni
nkuko mvahano mfite impamvu zumvikana zinkura
aha iwanjye.
Umwicanyi: ugize nguki sha? Mufate ingegera
muyitware.
Leandre: muhave muhave, nshobora
kuba nabagoye nkababwira mu cyongereza
cyangwa igifaransa mutacyumva reka
mbabwire mu Kinyarwanda, wenda mwacyumva,
Leandre ahita azana igitabo kirimo itegeko nshinga
, ingingo ya 22 iragira iti : Urugo rwumuntu
ntiruvogerwa. Ntihashobora gukorwa isakwa mu
rugo cyangwa kurwinjiramo kubera impamvu
zigenzura nyirarwo atabyemeye, keretse mu bihe
no mu buryo biteganyijwe namategeko.
Ibanga ryamabaruwa niryitumanaho
ntirishobora kuzitirwa keretse mu bihe no mu
buryo biteganywa namategeko.
Ndizerako mwumva ikinyarwanda rero, munyereke
icyemeza ko munkura aha, nanjye ndabakurikira,
Leandre ahita afata telephone ahamagara 112,
Abicanyi babibonye umwe ahita arasa
Leandre isasu, ariko ntiryamufata neza, ryafashe
mu kaboko, ubundi bariruka, umwe
yarirutse asimbutse agwa mucyobo
cyarimo gicukurwa cya wc, abandi
baracika, ambulance yahise ihagera, Leandre
anjyanwa kwa muganga ubundi icyo gisambo
kimwe kiracakirwa, bagikubita amapingu. ..

Igice cya 24 Kiraje nturambirwe.

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More