Igice cya 24 kirahageze
ntucikanwe.
Abicanyi babibonye umwe ahita
arasa
Leandre isasu, ariko nti rya
mufata neza,
ryafashe mu kaboko, ubundi
bariruka, umwe
yarirutse asimbutse agwa mu cyobo
cyarimo gicukurwa cya wc, abandi
baracika, ambulance yahise
ihagera, Leandre
ajyanwa
kwa muganga ubundi icyo gisambo
kimwe kiracakirwa, bagikubita mu
mampingu.
Isimbi inkuru yamugezeho ko
Leandre yarashwe,
yahise yihutira kunjya kumureba
kwa muganga
agezeyo asanga ntabwo
yakomeretse cyane, bikabije,
ubundi
amuba iruhande, atangira kugenda
yoroherwa buhoro buhoro.
Musaza wa Teta inkuru yaje
kumugeraho
ko gahunda itagenze sawa,
bamubwira ko umujura
umwe yafashwe, yumva bimuteye ubwoba
ko araza
kubatanga, yahise ahamagara bamwe
bari kumwe
nawe ababwira ko abashaka
byihutirwa.
Musaza wa Teta: murabonako gahunda
yacu yapfuye, kandi umwe muri mwe
yafashwe ashobora kudutanga,
nshaka ko mukora
uko bishoboka nawe agapfa
kugirango
ataza tuvuga.
Umwicanyi: ariko boss, urumva koko
nakwinjira
muri police koko nkica umuntu?
Musaza wa Teta: ariko sha ntabwo
ujya ureba ama
film? Umuntu ariyoberanya neza
neza, ugende
wambaye imyenda ya police ubundi
umwice,
umurase ave munzira (musaza wa
Teta mu
mutima atekereza ko namara kumwica
nawe
arahita amwica)
Umwicanyi: sawa boss ndabikora,
ariko mfite
ubwoba bwinshi cyane.
Umwicanyi yaje kwiyoberanya
yambaye nka police
ahita ajya aho uwo icyo gisambo
gifungiwe, ahita
akirasa kirapfa, nawe
atarahava ahita afatwa, arafungwa.
Aho kuri station
ya police batangira kwibaza ibintu
biri kuba aho
nabo birabayobera.
Umukuru wa station: ntabwo
byumvikana ukuntu
umuntu yiyoberanya akambara
imyenda ya police
ashaka kwica imfungwa?
Umupolice: nanjye byanyobeye
ndumva ari
ubwambere twakiriye dossiye nkiyi
Umukuru wa police: oya
ntibyumvikana, mukore
iperereza, tumenye ikihishe inyuma
y;ibi bintu.
Leandre yamaze iminsi ibiri mu
bitaro
akivayo ahita apanga ukuntu yasura
Rwenya
umugore we Isimbi atabizi, Leandre
apanga undi
munsi, ajya kuri gereza aringinga
ngo
bazamumuhe nibura iminota 20
bavugane wenda
yumveko
Rwenya yazamwumva. Leandre yagize
amahirwe
baramwemerera barabonana, Rwenya
yaje ubona
arakaye byahatari afite n’umujinya mwinshi cyane,
na Leandre aho ari yumva bigoranye
kugarura
Rwenya ku murongo.
Rwenya: ariko sha ugarutse
kunshinyagurira koko?
Leandre: wampaye umwanya
nkakubwira koko?
Rwenya: oya , oya, wamugambanyi
we, uransha
inyuma, bigeze aha koko? Ese
ubundi iyo ndaya
yawe irihe?
Leandre: tuza wumve, uwo wita
indaya
niwe mugore ugukunda cyane, kandi
ntiyaguca inyuma na rimwe ahorana
agahinda
ku mutima, yibaza iherezo ryawe,
niyo mpamvu
nanjye umbona aha nje hano kugira
ngo ndebe ko
wazava aha.
Rwenya: oya genda urabeshya, reka
amagambo,
umugore ntabwo akinkunda na rimwe
akunda
wowe.
Leandre: Rwenya garura ubwenge ku
gihe wibuke
aya magambo: “ndibuka ubwo twarangizaga tronc-
commun tugatsindira
kujya kwiga mu iseminari,
warambwiye ngo: ‘sha
burya kuba umugabo biraharanirwa,
impamvu
twatsinze ni uko twigaga, tukarara
amajoro
baduseka none twatsinze, ariko
Leandre ninshaka
umugore nzamukunda tubane ubuzima
bwanjye
bwose,
kandi nzaba umugabo udatezuka ku
ntego, kandi
nawe uzambere imfurra, nimfa
inderere, aho ntari
uhambere, nanjye
nzabikora nizereko ubyumvise neza'”.
Rwenya ako kanya amarira ahita
atemba mu maso,
abwira Leandre ati: “ndabyibuka rwose, ariko
mbwiza ukuri ntabwo wanshiye
inyuma koko? Ko
ariko Teta yambwiye?
Leandre: umva nkubwire, ntabwo
nakora ikosa
nkiryo pe, ariko ndemera ko nigeze
kurara mu
bitaro umugore wawe Isimbi arimo,
ariko
icyabiteye nta wundi muntu n’umwe wari
kumurwaza, yararwaye kandi ari
kumwe n’umwana
w’imfura yawe, nagombaga kubitaho, ariko Teta we
yabivuze kugira ngo bakomeze
bakubabarize
umutima na Isimbi wawe bamuteshe agaciro.
Rwenya: nI ukuri warakoze, utumye
ngarura agatege pe, ese aho ku
kuboko wabaye
iki ?
Leandre: narashwe n’amabandi ubwo yazaga mu
rugo yigize police, ariko nyekako
ari musaza wa
teta wayohereje ngo anyice
biranga, ibi byose biri
kumbaho kubera wowe.
Rwenya: nI ukuri wankoreye byiza
kandi nzakwitura. Ahubwo umva
nkutume uzantumikire.
Leandre: ugende ubwire Isimbi
mujyane murebe
umusore witwa Willy twakoranaga
muri MTN,
ubundi umubwire abahe amafaranga
ibihumbi
magana arindwi yanjye, mujye
gushaka
n’umwavoka, ikindi kandi mumubwire arebe muri
system, abantu bahamagaranye na
musaza wa
Teta, muri cya gihe banjyana
kumfunga, ibi
nibyo bimenyetso byatuma mva hano,
ndabizi arabikora, uzagaruke uri
kumwe na
Isimbi, kandi umunsabire imbabazi
ku
magambo namututse mwita indaya.
Leandre: sawa, kandi ndishimye
cyane, ndizera ko
umunezero uzagaruka mu rugo iwawe.
Rwenya: ubu ngaruye morale ya
hatari ndumva
merewe neza, sawa bye bye, reka
nsubire
mugihome mwana.
Lenadre yaragiye afite
akanyamuneza ahita ajya
kureba Isimbi amubwira ko avuye
kureba Rwenya
Leandre: bite Isimbi weee, mfite
inkuru nshaka
kukubwira
Isimbi: waretse kunyicisha
amatsiko
Leandre: mvuye kureba Rwenya
umugabo wawe.
Isimbi: ego ko, kuki ugenda
wenyine, wabitewe
n’iki?
Leandre: Isimbi nabiguhishe, ariko
ntundakarire,
nashakaga ko Rwenya mugarura ku
murongo
Isimbi: ngaho mbwira uko yongeye
kuntuka. Sha
nubwo yantuka ate uriya niwe
buzima bwajye
bwose.
Leandre: ehhh, ni ukuri pe,
namusobanuriye byose
yishimye cyane pe, twiyunze mbese
ameze neza
ubu vuba aha ndabyizera neza ko
azava
muburoko.
Isimbi: igo se koko? Nakongera
nkabonana na
cheri koko? nimubona nzahita
musomagura
(abivuga ari kurira)
Leandre: ahubwo yambwiye ngo tujye
kureba Willy
bakoranaga, aduhe amafaranga
amufitiye ubundi,
aduhe n’amajwi musaza wawe yavuganye n’abantu
bakamugambanira, kuko nicyo
kimenyetso
cyonyine cyatuma ava mu buroko.
Hashize iminsi itatu mama wa
Rwenya yaricaye
umutima uramukomanga, ese koko
umwana
wanjye naramwanze bigera naho
nshakako apfa?
Oya rwose ndi uwo kubabarirwa pe,
ndumva ntari
umubyeyi ukwiye kwitwara gutya.
Ako kanya
yahise afata urugendo yerekeza kwa
Isimbi
Mama Rwenya: mwaramutse mukazana
wanjye ?
Isimbi: egoko mukazana wawe?
Mama rwenya: ndabizi ntiwanyumva
ariko nje
kwiyerekana imbere yawe ngo ngusabe
imbabazi
rwose mwana wanjye.
Isimbi: oya, ahubwo have
winyegere, genda ibyo
mwankoreye ndabizi.
Mama Rwenya: mwana wanjye Isimbi,
wambabariye
basi nkaterura ku kuzukuru kanjye
koko?
Isimbi: oya, oya, ndabizi uzanywe
no kundogera
umwana, mbare gatatu wansohokeye
mu rugo.
Ako kanya mama wa Rwenya agenda
ababaye yiyumvira mu mutima ngo
(ni
ukuri biragaragara ko uyu mwana
w’umukobwa twamubabaje birenze urugero, ariko
ndasaba Imana imbabazi).
Umunsi wo kujya gusura Rwenya
warageze, hari
kuwa gatandatu, Leandre na Isimbi
bafata inzira
baza gusura Rwenya, Rwenya
agikubita amaso
umugore we Isimbi yaje yirukanka
n’umugore aza yirukanka ubundi basimbukira mu
kirere barahoberana karahava dore
amagambo
Rwenya yaganiye n’umugore we amuhobeye:……
Ntucikwe n’igice cya 25 kirabageraho vuba.
0 comments:
Post a Comment