vistiors n'ibihugu

Friday 15 May 2015

INKURU NDENDE Y'URUKUNDO IGICE CYA 25



http://www.luckyson.yolasite.com/inkuru.php
Igice cya 25 cya ya nkuru yUrukundo cyaje.
Ntucikwe.
Rwenya: umugore mwiza ndongeye ndakubonye
koko? Imana ishimwe.
Isimbi: mbega, mbega, sinaherukaga kugwa mu
gituza cyumugabo nkunda kurusha abandi bose
bo ku isi, Imana iraduhuje.
Rwenya: Cherie ni ukuri, mbere na
mbere ngusabye imbabazi, kubwo ibitutsi
nagututse, nkekako ukundana na Leandre.
Isimbi: mugabo nkunda, njye nakubabariye kirya
gihe ukimara kubivuga, kuko nziko atari wowe
wabivugaga, kuko wowe ndakuzi neza.

Rwenya: urakoze cyane mugore nkunda, amakuru
sha Leandre? Gahunda nizere ko mwazikoze neza?
Leandre: ego ego, twarabikoze cyane,
Rwenya: mwampaye umwana wanjye nkamuterura.
Leandre: dore nguwo muterure.
Rwenya ahita aterura umwana we, aramusoma,
amuterera hejuru agira ati: ndi uwo ngomba kuba
we, umwana nawe asekera papa, biba byiza, na
mama wumwana Isimbi nawe aramuterura biba
byiza cyane. Ako kanya mama wa Rwenya nawe
aba arahingutse, Isimbi amukubise amaso
ahita abwira Rwenya ati: wabonye mama
wawe, erega ntakindi ashaka nI ukunyicira
umwana, mfite ubwoba Cheri!'
Rwenya: umva, ukuntu aza areba ndabona adafite
umutima wo kwica, ahubwo afite icyo ashaka
kuvuga, afite isoni mu maso, reka twumve
ikimugenza.
Mama wa Rwenya akihagera yahise apfukama hasi
agira ati: ni ukuri ndabasaba imbabazi kubyo
nakoze byose, nkasaba imbabazi nImana, ukuntu
nanze gutaha ubukwe bwumwana wanjye bikagera
naho nifatanya nabagambanyi nkabagambanira,
ndasaba imbabazi.
Isimbi: Oya, rwose Cheri, ashaka
kunyicira umwana, mfite ubwoba bwinshi.
Rwenya: Isimbi umva wowe , erega umubyeyi aba
ari umubyeyi, wibuke ko umwanzi iyo ashyize
intwaro hasi akemera ko icyo yarwaniraga nta
kerekezo gifite akakwiyungaho aba inshuti yawe.
Mama Rwenya: nemeye amakosa yose, ahubwo
mumbabarire mumpe nterure umwuzukuru wanjye
ndumva rwose mushaka.
Isimbi: oya , oya, ibi ntibyarimo nta mwana wanjye
naguha.
Rwenya: Cherie Isimbi muhe umwana amuterure,
umuntu ufite umutima wubwicanyi uhita
umumenya, mama ndabona yarahindutse, ahubwo
muhe umwana.
Leandre: muhe umwana, bigaragara ko ari
itangiriro ryibyiza gusa.
Isimbi ahita amuha umwana afite ubwoba bwinshi
cyane, nuko mama Rwenya bwa mbere aterura
kmwuzukuru we, agira ati: iki bebe, cyanjye,
ndagikunda cyane. Nyuma baje gusezera Rwenya
barataha ariko bose bishimye cyane, mama wa
Rwenya arimo ataha aba ahuye na nyina wa teta
Mama Teta: bite mugore mwiza?
Mama Rwenya: nibyiza amakuru mama Teta?
Mama Teta: gatete numuruho, numvise
ngo wiyunze nibicucu bishaka
kuzanyicira umuhungu wanjye (musaza wa Teta)
Mama Rwenya: erega nabana nkabandi tugomba
kuva munzira yubuyobe tukayoboka inzira nziza.
Mama Teta: ngo ngwiki ? inzira nziza? Niba ariyo
njye ntayo nshaka, njye nzaguma mu nzira
nahisemo, kandi nzagera kubyo niyemeje
Mama Rwenya: ariko wagiye ucisha
make ukamenya ko ukuze?
Mama Teta: nkuze? njye se ndi inkecuru nkawe
ipfukamira umwanzi, njye nzapfa ndwana.
Mama Rwenya: reka nkureke nigendere.
Mama Teta: kagende uboshye ubu
ngiye kukwereka aho mbera akaga, kera
hose naritonze, ubu ho ntawuzasigara
ahumeka, nzemera nihekure ariko
mwese ntawuzambana ho ku isi, umva ko Imana
ikiza ariko uzakira ubwanjye, azarama.
Mama Rwenya: ahwiiii, ndumva unteye ubwoba,
Imana ireberera imbwa ntuhumbya
Mama Teta: hahahaah, yahumbije igihe yambwa
ifungwa ngo ni Rwenya.
Ntuzacikwe nuko iyi nkuru isoza……

 Igice cya 26 kiri hafi kubageraho.

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More