vistiors n'ibihugu

Friday 15 May 2015

INKURU Y'URUKUNDO NDENDE IGICE CYA 18



tricksconnect@gmail.com
Iki ni igice cya 18 ari nacyo cyanyuma kuri serie 1.
Nuko Isimbi aterura itasi agiye gushyira ku munwa
yumva telefone irasonnye, arebye asanga ni
message ya Rwenya igira iti: Cheri nunjya ujya
kurya cya kunywa ujye ubanza usenge.
Nuko Isimbi arasenga agira ati: Mwami Yesu
ndagushima cyane kubwo igikorwa cyiza wakoze
ukaba waturinze, kandi ukaduha ifunguro ryiza
nkiri, ndagira ngo Mwami weze iki cyayi ngiye
kunywa, kandi nsabiye nabatakibonye
kuzabashoboza bakabona ifunguro, mbisabye
nizeye mu izina rya Yesu amen. Asoje gusenga
ahita aterura itasi agiye gushyira ku munwa

yumva hari ibintu bituritse mu cyumba ahita
yikanga itasi igwa hasi irameneka, na teremusi
agiye kureba asanga aho icyayi kimenetse,
hose hahiye, ehhhh, wagira ngo ni acide yahatwitse
pe, ubwo Imana iba irokoye Isimbi gutyo, umukozi
yabonye atageze ku mugambi ahita asubira
iwabo, umunsi wubukwe warageze ibirori biba
byiza cyane pe, ariko umuryango wa Rwenya na
Isimbi nyawo ntawari uhari, basezeranye bari
kumwe nababyeyi baguzwe, ariko ntacyatumye
ubukwe butagenda neza pe, dore ko aribwo bukwe
bwabaye bwiza cyane pe, Rwenya yafashe ijambo
aragira ati: Uwiteka nyiringabo ararahiye ati: ni
ukuri uko nabitekereje niko bizasohora
uko nagambiriye niko bizaba (yesaya14:24), Isimbi
nawe ahita yungamo agira ati: the Lord of honest
hath swom, saying sarely, as I have thought, so
shall it come pass, and as I have purposed, so it
shall stand (Isaiah 14:24).”‘”
Rwenya akomeza agira ati: nubwo
waba warabyawe na mama wawe menya ko
hari nuwaremye mama wawe uwo ninde?
nImana ubu rero umubyeyi wacu twese turi
hano nImana, kandi Imana izandinde imitego
ya satani yatuma nzababaza Isimbi wanjye, Isimbi
mu kajwi gatuje cyane agira ati: mugabo nkunda
nzakubeara byose kandi mbivuze imbera yimbaga
nimbirengaho nzapfe bampambe. Nuko abantu
bose baraho amarira atemba mu maso, bitewe
namagambo bumvaga asohoka mu
kanywa kabashyingiranwe, nuko Rwenya
ahita ahobera cherie Isimbi, ubundi DJ
ahita azamura akaririmbo ka Minani Rwema
kitwa *RUBERA* dore amwe mu magambo akagize:
Ngwino utete rubera wisangire
awagukunze, ntukagire irungu warakunzwe nintore
kuva nyigukunda ntiwigeze undushya
igihe tumaranye wanyeretse ubupfura jya
urwoza buri munsi nzarusiga amavuta,
nzabagarira urukundo nawe ujye uruvomera…”
Nyuma Teta yaje kumenya ko mukuru we Isimbi
akiri muzima, kandi yamaze kubana na Rwenya,
ahita agaruka mu Rwanda gupanga imigambi
mishya yo kwica Isimbi, ariko bikajya bipfa, nyuma
umuryango wa Rwenya na Isimbi wa nyawo wa
wundi wanze gutaha ubukwe bwabo baje gukora
inama yukuntu batandukanya Isimbi na Rwenya,
kubera ko musaza wa Isimbi atakundaga Rwenya
na rimwe nawe yabibafashijemo, ahita
apanga ukuntu yafungisha rwenya imyaka
myinshi muri gereza ku buryo Isimbi azahita
acika intege bagatandukana, yaje guha
umurara ukoresha urumogi amafaranga menshi
cyane, ngo amubeshyere ko ariwe ubaha
urumogi kandi ko anarufite iwe, bampanga
ukuntu barwinjiza kwa Rwenya, bicamo neza,
nuko ari nko kuwa gatandatu Rwenya yicaranye na
Isimbi bari kwikinira dore ko Isimbi yari atwite inda
yamezi 6, police zahise zisesekara zifite wa
murara yambaye, amapingu, zibwira Rwenya ngo:
ntiwemerewe kuva aha ubu tugiye gusaka inzu
yawe, kubera ko nari nziko ntacyo nikeka,
ndabareka, ngiye kureba mbona basohoyemo
umufuka wuzuye urumogi bati ntureba ubu
urafashwe, ubwo bankuramo inkweto,
numukandara bampakira muri pandagari, mbega
umugore wanjye Isimbi yasigaye arira cyane agira
ati: ni ukuri umugabo wanjye
muramubeshyera peee. Ariko biba ibyubusa
barantwara pe. Nyuma yukwezi kose mfunzwe
nitaba urukiko kuburana.
Umushinjacyaha: ingingo ya 594 yo mugitabo
cyamategeko ahana yu Rwanda ivuga ko ku
biyobyabwenge nurusobe rwimiti ikoreshwa
nkabyo bitemewe namategeko, iteganya igifungo
cyo kuva kumwaka umwe kugeza kumyaka itatu
nizahabu yamafaranga kuva 50.000 kugeza
500.000, ako kanya numvise ntaye umutwe pe,
ariko kuko nari mfite umuntu unshinja ntacyo
nari gukora narahakanye bibi ibyubusa,
ubundi bankatira imyaka itanu.
Maze umugore akomeza kunkunda akajya ansura,
mbona yarabyaye akana keza nakabona nkabona
ninjye uri kwireba ubundi kakajya kansekera, ariko
kubera ko abagororwa basuwe twabaga dufite
iminota mike yo kuvugana nabadusuye,
ubundi akagenda mureba nkasigara nigunje,
pe, Mu miryango yacu bakajya baza kureba Isimbi
bakamuhohotera bashaka kumunyangisha ariko
bikaba ibyubusa pe, bigera naho inzu Isimbi
yabagamo bayitwitse.
SERIE ya 1 irangiriye aha.
Ese rwenya azajurira imyaka
bayigabanye? cyangwa najurira bizaba ibyubusa?
Ese Isimbi we azaguma kuba mu buzima
bwo guhohoterwa cyane
akabyihanganira? azaguma gukunda se rwenya?
Teta we se amaherezo ye ni ayahe? Ntuzacikwe
gumana nanjye uzamenya byinci. Indi serie ni
vuba aha! Indi uzabona itarimo Rwenya iyo
izaba ari pirate.

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More