vistiors n'ibihugu

Tuesday 19 May 2015

NTAKO RUSA IGICE CYA 18 NA 19



IGICE CYA 18
Mbona Ketia kuruhande rwo hirya ariko duhuje amaso mpita mpindukira vuba vuba ndakomeza niganirira na Nema.buri gihe uko yavaga kukazi yanshagaho tugatahana,bikomeza gutyo,iminsi iricuma nyuma yukwezi mba ndahembwe,nanjye nahise mpanga gahunda yo gusohokana Nema maze nkamushimira ibyiza nyankoreye,ubwo twarapanze turasohoka,nema byaramushimishije cyane rwose.nahise mubwirako mfite igitekerezo cyo kujya gukodesha inzu,nkibana. Arambwira atiniba ariko wabitekereje nta kibazo’’ arakomeza atiariko se kuki wihutiye gufata uwo mwanzuro wo kujya kwibana?’’ ntindagushimira ko wamfashije cyane guhera kumunsi wambere kugeza na nuyu munsi
ukimfasha,ariko wanshyiriyeho urufatiro igihe kirageze ngo nanjye nkuruhure pe,kandi rwose warakoze cyane pe!. Ubundi Nema amarira amuzenga mumaso nanjye kwihangana birananira amarira ahita anyegera arampobera cyane nanjye,andyama mugituza arambwira ati’’byose nabikoze kubwo kugukunda,sinatojwe kugukunda ahubwo narabiremenywe. Nyawe:nukuri ndagushima cyane. Ubwo nyuma twaratashye ubuzima burakomeza.nyuma yukwezi naje kwimuka njya gukodesha.aho nari nimukiye nti hari kure yo kwa Nema,byarakomeje buri gitondo Nema akajya aza kunshaho akantwara akanjyeza kukazi no gutaha akaza kundeba tugahana akanjyeza murugo akabona gukomeza akajya iwe.nyuma yuko nimutse Teta yahise yihandishaho kujya aza kunsura buri munsi,impano zidashira.ketia nawe rero ubwo yakomezaga kunyereka ibimenyetso byurukundo,ariko Keza nari narasezeranyije kutazahemukira yahoraga mubitekerezo byanjye.Teta yakundaga kuza akantekera ariko agakora kuburyo Nema Atari bubimenye,nanjye numvaga ntacyo bintwaye kuko yantekeraga yarangiza agataha.Nema iyo yabaga ari buze kunsura Teta ntiyahageraga.Nema yakundaga ibintu byo gukina cyane kuko iyo twabaga turi kumwe yabaga ashaka ko dukina,nanjye rero nari nsigaye mbikunda gukina nawe pe.nubwo twabaga dukina udukino twabana twabaga dushimishije mbese byari byiza pee!Ari mugitondo kimwe Nema aza kunshaho nkuko bisanzwe nimugoroba turataha turagenda tugeze aho nabaga mvuye mumodoka ninjira murugo Neman awe ahita akomeza ninjira munzu,hashize iminota micye mbona Teta arampamagye kuri phone nditaba,Teta atibanguka ubu nonaha Nema akoze impanuka banguka udusange kwa muganga...Nahise nkinga inzu vuba vuba ntega moto nihuta njya kwa muganga ngezeyo natangajwe no kubonaIracyakomeza  

                            IGICE CYA 19
.
Mama wa Keza ariwe uri kumuvura ariko ntiyari yakomeretse cyane kuko imodoka yari yagonze iye kuruhande ariko ntibyari bikabije cyane,ubwo narahagumye turagumana ariko kuko bitari bikomeye baramusezereye.ntibyatinze nyuma yiminsi mike yari yorohewe asubira kukazi ubuzima burakomeza.muriyo minsi naje gupanga gahunda yo gusubira mucyaro gusura ababyeyi ndetse na Keza wanjye kuko nari mukumbuye cyane.ubwo nafashe urugendo njyayo, mpageze banyakiriye neza.nabonanye na Keza ndamuhobera cyane nurukumbuzi rwinshi nari mufitiye,ubwo turicara turaganira,mukuganira rero yaje kumbwira ko se wabo ari kumufasha kuba yabona akazi I Kigali bityo akaba agiye kuza kuba I Kigali kuko ariho azajya akorera,numvise kuruhande rumwe ari byiza kuba Keza agiye kumba iruhande kurundi ruhande nibazaga Nema nabimenya uko bizagenda nkumva biranyobeye. Nyuma rero nibwo Teta yahise ajya kwiga muri india ubwo numva nduhutseho gato ariko Ketia na Nema nibazaga uko bizagenda simbyumve ariko nkatekereza nti’’ubwo nyine sakindi izaba ibyara ikindi’’ Nema ntiyahwemye gukomeza kunyereka ko ankunda,ariko ibyanjye na Keza ntacyo yari abiziho.Ketia nawe yakomeje gahunda ye yo kunyiyegereza.byarakomeje. Nyuma rero Keza yaje kuza I kigali yahise ajya kuba kwa se wabo(murumuna wa se)..yitegura gukora ikizamini cyakazi ahantu se wabo yari yaramushakiye.keza yazaga kunsura ndetse twarabonanaga kenshi ariko ibyanjye na Nema awe ntacyo yarabiziho nta kantu na gato yari yarigeze abimenyaho.ubwo igihe cyo gukora ikizamini cyarageze ajya gukora ikizamini cyakazi aho yari gukora ikizamini Nema niwe wari umuyobozi waho.Keza yakoze ikizamini aragitsinda ubundi atangira akazi,yarakiba kwa se wabo.nibazaga Nema namenya ibyanjye na keza uko bizagenda nkumva ngize ubwoba nkatekereza ukuntu yankunze kuva akimbona akamfasha cyane,ariko nkatekereza ukuntu nasezeranyije Keza nkumva mbuze icyo nkora kuko numvaga ntagomba kwica isezerano. Ubwo naje gufata umwanzuro wuko ngomba gufata umunsi umwe nkahamagara Nema ndetse na Keza tukicara tukaganira kuricyo kibazo narindi gutekereza nti’’ikizaba kizabe’’ Ubwo Nema namubwiye ko nshaka ko tuzaganira muri weekend kuwa gatandatu arabinyemerera ambwirako ntakibazo twazaganira,dupanga naho tuzahurira,Keza nawe nahise muhamagara muha gahunda ko kuwagandatu tuzabonana tukaganira.nawe yarabyemeye,ubwo buri wese yaraziko ari we wenyine dufitanye gahunda.abo bombi ntanumwe waruziko mfitanye gahunda nundi gusa bombi bari baziranye kuko Nema yari umuyobozi waho Keza yakoraga.ubwo umunsi wo guhura kuwa gatandatu warageze………….Iracyakomeza

WAGISHA INAMA KURI E-mail:tricksconnect@gmail.com

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More