vistiors n'ibihugu

Tuesday 19 May 2015

NTAKO RUSA IGICE CYA 8 NA 9



IGICE CYA 8 
Mufata munda muturutse inyuma aratungurwa cyane arambwira atiurantunguye cyane ariko nanjye nzagutungura muburyo utakekaga’’ ubwo nahise mufasha gutegura nkajya mukatira ibitunguru ndetse nutundi nshoboye ubwo byarahiye ubundi tujya kumeza ariko ibiryo Nema yari yatetse ukuntu byari biryoshye sinabisobanura ngo ubyumve,twararangije twirebera film njyewe kuko nari mvuye mu cyaro vuba film narinzi nizimigeri ningumi gusa kuko mucyaro kuga centre nizo twareba ariko we yahise ashyiramo iyurukundo turayireba muri film hari aho yanjyeraga nkumva noneho kuba ndi kumwe na Nema byo ari agatangaza.nyuma nema yarambwiye atiburetse gato ndaje aragenda ajya mucyumba cye zana akantu kambarwa kukuboko arangije
arakanyambika kari kanditseho ngo’’i love you’’ arangije arambwira ati’’nkaguhaye kuko nkukunda naramushimiye ariko rwose numvaga Nema namaze kumukunda pe! Ubwo nahise njya kuryama Nema nawe ajya kuryama,ubwo bigeze nka saa kumi nebyiri zumugoroba Teta yarampamagaye arambwira ngo musange kukabari kari hafi aho.nahise mbyuka ndahamusanga ubwo yahise atumiza iki liquer ntibuka uko kitwa ubundi turakanywa dushoje ubwo mukujya guhaguruka beill byaramunaniye ariko nyine njyewe nkumugabo  nashoboraga kugenda,ubwo Teta naramuteruye njyenda murandase ariko yari yasinze cyane pe!! Ubwo turataha kuko bwari bumaze kwira ntabantu benshi batubonye,twaragiye tugerayo turinjira mpita njya kuryamisha Teta twinjiye mucyumba negekaho urugi njyana Teta kuburiri maze kumushyira kuburiri nanjye nahise musinzirira iruhande twese twarasinzirye mpaka mugitondo nkangutse nsanga naraye mucyumba cya Teta ari ndebye mbona Teta uko namuryamishije niko akiryamye ntarakanguka nagato,ubwo nahise nsohoka mucyumba nihuta mugusohoka mucyumba kandi bigaragara ko mbyutse nahise nkubitana na Nema……………………………………………………………..Iracyakomeza      

          IGICE CYA 9
Duhuza amaso ahita ambaza ati’’waramutse neza?’’ nanjye nti’’yego’’(mfite ikimwaro kinshi) ubwo ahita yikomereza ajya kwitegura ngo ajye kukazi najye mpita njya mucyumba cyanjye ubwo Teta ahita aza yirukanka arambaza ati’’Nema yabimenye ?’’ nanjye nigize nkaho ntacyo nari nabaye nti’’oya ntiyabimenye kuko naje nkuhetse nkoresha uburyo bwose bushoboka kugirango atakuvumbura’’ ati’’yoooo!! wakoze cyane pe uyu munsi sindi bujye kukazi ndirirwa hano kuko ndumva ntameze neza’’ nanjye nti’’ok ntakibazo’’ ubwo Teta ajya muri douche njyewe mpita nigira muri salon ubwo Nema aba araje arambwira ati’’nyawe wanjye nkumbuye kuganira nawe birambuye’’ nanjye nti’’nanjye ndabikumbuye pe!! Ati’’reka nkwibarize gato buriya wari wakundwaho ngo wumve uko bimera? nanjye nisetsa cyane nti’’yego nakunzweho nzi uko bimera’’ Nema ati’’buriya se umuntu akoze ibishoboka byose ngo akwereke ko agukunda agakora ibigaragarira amaso nibyo utabonesha amaso wowe byatuma umukunda nanjye nti’’mbaye nta mukunzi mfite se niki cyambuza kumukunda?’’ Nema ati’’reka mbe ngiye turi buganire ngarutse’’ ubwo yagiye kugenda yinjiye mumodoka mpita mubwira nti buretse kugenda mpita nza negera imodoka mfungura umuryango ubundi musoma ku itama ndamubwira nti’’ugire umunsi mwiza kandi Imana ikundindire,Nema nahise mbona atunguwe cyane kuko ibyo ni ubwambere nari mbikoze mbona abuze icyo arenzaho ubundi ahita yatsa imodoka aragenda nta rindi jambo narimwe ambwiye,ubwo nanjye nahise nsubira munsu ntekereza nti’’ibyo nkoze nta gaciro abihaye koko?’’ ndagenda nicara muri salon Teta aba araje anyicara iruhande arambwira ati’’buriya rero ubu nibwo mbonye umwanya wo kukubwira icyo nashatse kukubwira kuva kera’’ arambwira ati’’ahubwo mbere ya byose reka ntume umukozi aha ruguru azane ako kunywa kuko burya umuti wumuriro ni umuriro’’ ubwo ahita atuma umukozi indi liquer nini cyane,muminota micye umukozi yarayihagejeje,ariko narebaga iyo liquer nkumva ngize ubwoba,Teta nawe rero ntiyatinze kunsukira mukirahure ahita ampereza,nawe afata akarahure ashyiramo kuberera ukuntu nari nayitinye narijijishaga nkasomaho gake cyane gashoboka kumbi simenye ko nawe yijijishaga ntasomeho ubwo turakomeza buri wese aziko ari kujijisha mugenzi we,hahahahahah mbese burya koko indyarya ihimwa nindyamirizi,ubwo byakomeje gutyo noneho mpita mfata umugambi wo kwisindisha,mpita nigira nkuwo inzoga zishe neza neza,ubwo mpita ntangira kwisindisha ubundi nisinziriza muntebe ubundi Teta ahita atereka akarahure kumeza ubundi araza arampagurutsa arandandata anjyana mucyumba cye ubundi afunga urugi andyamisha kuburiri ubundi ahita ankuramo ishati ubundi…………………………………………………………………………Iracyakomeza                   
    BY TRICKSCONNECT   E-mail: tricksconnect@gmail.com 

0 comments:

Share

Twitter Delicious Facebook Digg Stumbleupon Favorites More